×

Surah Ar-Rahman in Kinyarwanda

Quran Kinyarwanda ⮕ Surah Rahman

Translation of the Meanings of Surah Rahman in Kinyarwanda - الكينيارواندا

The Quran in Kinyarwanda - Surah Rahman translated into Kinyarwanda, Surah Ar-Rahman in Kinyarwanda. We provide accurate translation of Surah Rahman in Kinyarwanda - الكينيارواندا, Verses 78 - Surah Number 55 - Page 531.

بسم الله الرحمن الرحيم

الرَّحْمَٰنُ (1)
Ni (Allah) Nyirimpuhwe
عَلَّمَ الْقُرْآنَ (2)
Yigishije (umuntu) Qur’an
خَلَقَ الْإِنسَانَ (3)
Yaremye umuntu
عَلَّمَهُ الْبَيَانَ (4)
Amwigisha ububonezamvugo
الشَّمْسُ وَالْقَمَرُ بِحُسْبَانٍ (5)
Izuba n’ukwezi bigendera ku mubare (no kuri gahunda ya Allah)
وَالنَّجْمُ وَالشَّجَرُ يَسْجُدَانِ (6)
N’ibimera birandaranda ndetse n’ibiti, byose birubama (bikicisha bugufi imbere ya Allah)
وَالسَّمَاءَ رَفَعَهَا وَوَضَعَ الْمِيزَانَ (7)
N’ikirere yagishyize hejuru cyane (y’isi) ndetse ashyiraho n’ibipimo (bya buri kintu)
أَلَّا تَطْغَوْا فِي الْمِيزَانِ (8)
Kugira ngo mutarengera ibipimo (byagenwe)
وَأَقِيمُوا الْوَزْنَ بِالْقِسْطِ وَلَا تُخْسِرُوا الْمِيزَانَ (9)
Bityo, mujye mupima ibintu byose mukoresheje ubutabera, kandi ntimukagabanye ibipimo
وَالْأَرْضَ وَضَعَهَا لِلْأَنَامِ (10)
N’isi (Allah) yayishyiriyeho ibiremwa
فِيهَا فَاكِهَةٌ وَالنَّخْلُ ذَاتُ الْأَكْمَامِ (11)
Iriho imbuto n’imitende ifite imbuto zitwikiriwe n’ibishishwa
وَالْحَبُّ ذُو الْعَصْفِ وَالرَّيْحَانُ (12)
Ndetse n’impeke (z’ubwoko bunyuranye); iz’inyamisogwe n’izihumura
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (13)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
خَلَقَ الْإِنسَانَ مِن صَلْصَالٍ كَالْفَخَّارِ (14)
(Allah) yaremye umuntu (Adamu) mu itaka ryumye ukomangaho rikirangira nk’ibikoresho bibumbye mu ibumba
وَخَلَقَ الْجَانَّ مِن مَّارِجٍ مِّن نَّارٍ (15)
Anarema amajini mu birimi by’umuriro
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (16)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
رَبُّ الْمَشْرِقَيْنِ وَرَبُّ الْمَغْرِبَيْنِ (17)
(Ni we) Nyagasani w’Uburasirazuba bubiri akaba na Nyagasani w’Uburengerazuba bubiri
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (18)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
مَرَجَ الْبَحْرَيْنِ يَلْتَقِيَانِ (19)
Yahuje inyanja ebyiri (ifite amazi y’urubogobogo n’indi y’urwunyunyu)
بَيْنَهُمَا بَرْزَخٌ لَّا يَبْغِيَانِ (20)
Hagati yazo ahashyira urubibi (ruzitandukanya), zikinjiranamo ariko ntizivange
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (21)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
يَخْرُجُ مِنْهُمَا اللُّؤْلُؤُ وَالْمَرْجَانُ (22)
Muri zo havamo amasaro arabagirana (Lu-ulu-u) na Marijani
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (23)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
وَلَهُ الْجَوَارِ الْمُنشَآتُ فِي الْبَحْرِ كَالْأَعْلَامِ (24)
Kandi (Allah ni we) ufite ububasha ku mato manini agendera mu nyanja, ameze nk’imisozi
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (25)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
كُلُّ مَنْ عَلَيْهَا فَانٍ (26)
Ikiyiriho cyose (isi) kizapfa
وَيَبْقَىٰ وَجْهُ رَبِّكَ ذُو الْجَلَالِ وَالْإِكْرَامِ (27)
Maze hasigare gusa uburanga butagatifu bwa Nyagasani wawe, Nyir’ikuzo n’icyubahiro
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (28)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
يَسْأَلُهُ مَن فِي السَّمَاوَاتِ وَالْأَرْضِ ۚ كُلَّ يَوْمٍ هُوَ فِي شَأْنٍ (29)
Buri icyaremwe cyose kiri mu birere no ku isi kimusaba (ibyo cyifuza). Naho we buri munsi aba agena gahunda (z’ibiremwa; zirimo nko kuzamura mu cyubahiro bamwe no kumanura mu cyubahiro abandi, guha ubuzima bamwe no kubwambura abandi, n’ibindi)
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (30)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
سَنَفْرُغُ لَكُمْ أَيُّهَ الثَّقَلَانِ (31)
Yemwe matsinda abiri (y’abantu n’amajini), tuzabacira imanza (ku munsi w’imperuka)
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (32)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
يَا مَعْشَرَ الْجِنِّ وَالْإِنسِ إِنِ اسْتَطَعْتُمْ أَن تَنفُذُوا مِنْ أَقْطَارِ السَّمَاوَاتِ وَالْأَرْضِ فَانفُذُوا ۚ لَا تَنفُذُونَ إِلَّا بِسُلْطَانٍ (33)
Yemwe majini na mwe bantu! Niba mufite ubushobozi bwo kugenda mukarenga imbago z’ibirere n’isi (muhunga ibihano bya Allah), muzagende. Ariko ntimushobora kuzirenga keretse ku bw’itegeko (rya Allah)
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (34)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
يُرْسَلُ عَلَيْكُمَا شُوَاظٌ مِّن نَّارٍ وَنُحَاسٌ فَلَا تَنتَصِرَانِ (35)
Muzohererezwa ikibatsi cy’umuriro n’umuringa (washongeshejwe), kandi ntimuzigera mutabarwa
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (36)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
فَإِذَا انشَقَّتِ السَّمَاءُ فَكَانَتْ وَرْدَةً كَالدِّهَانِ (37)
(Mwibuke) ubwo ikirere kizasatagurika, maze kigahinduka nk’ururabo rutukura rumeze nk’amavuta yabize
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (38)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
فَيَوْمَئِذٍ لَّا يُسْأَلُ عَن ذَنبِهِ إِنسٌ وَلَا جَانٌّ (39)
Kuri uwo munsi, nta muntu cyangwa ijini bizagira icyo bibazwa ku bijyanye n’ibyaha byabyo (kuko bizaba bifite ibimenyetso bibiranga)
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (40)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
يُعْرَفُ الْمُجْرِمُونَ بِسِيمَاهُمْ فَيُؤْخَذُ بِالنَّوَاصِي وَالْأَقْدَامِ (41)
Inkozi z’ibibi zizamenyerwa ku bimenyetso byazo, kandi zizaterurwa mu ruhanga n’ibirenge byazo
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (42)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
هَٰذِهِ جَهَنَّمُ الَّتِي يُكَذِّبُ بِهَا الْمُجْرِمُونَ (43)
Uyu ni umuriro wa Jahanamu inkozi z’ibibi zajyaga zihinyura
يَطُوفُونَ بَيْنَهَا وَبَيْنَ حَمِيمٍ آنٍ (44)
Bazawuzengurukamo hagati, ndetse no hagati y’amazi yatuye cyane
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (45)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
وَلِمَنْ خَافَ مَقَامَ رَبِّهِ جَنَّتَانِ (46)
Ariko wawundi utinya kuzahagarara imbere ya Nyagasani we, azaba afite ubusitani bubiri (mu Ijuru)
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (47)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
ذَوَاتَا أَفْنَانٍ (48)
(Ubwo busitani buzaba burimo ibiti) bifite amashami acucitse kandi atoshye
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (49)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
فِيهِمَا عَيْنَانِ تَجْرِيَانِ (50)
Muri ubwo (busitani) bwombi, hazaba harimo amasoko abiri atemba
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (51)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
فِيهِمَا مِن كُلِّ فَاكِهَةٍ زَوْجَانِ (52)
Muri ubwo (busitani) bwombi, hazaba harimo ubwoko bubiri bwa buri rubuto
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (53)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
مُتَّكِئِينَ عَلَىٰ فُرُشٍ بَطَائِنُهَا مِنْ إِسْتَبْرَقٍ ۚ وَجَنَى الْجَنَّتَيْنِ دَانٍ (54)
Bazaba begamye ku bitanda bishasheho ihariri iremereye, kandi imbuto zo muri ubwo busitani zizaba zibari hafi
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (55)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
فِيهِنَّ قَاصِرَاتُ الطَّرْفِ لَمْ يَطْمِثْهُنَّ إِنسٌ قَبْلَهُمْ وَلَا جَانٌّ (56)
(Ubwo busitani bwombi) buzaba burimo abagore biyubashye, batigeze bagira umuntu cyangwa ijini bibakoraho kuva na mbere
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (57)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
كَأَنَّهُنَّ الْيَاقُوتُ وَالْمَرْجَانُ (58)
(Bazaba bafite ubwiza) nk’ubw’amabuye y’agaciro ya Yaquut134 na Marjani
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (59)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
هَلْ جَزَاءُ الْإِحْسَانِ إِلَّا الْإِحْسَانُ (60)
Ese hari igihembo cy’ibyiza kitari ibyiza
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (61)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
وَمِن دُونِهِمَا جَنَّتَانِ (62)
Kandi uretse n’ubwo (busitani) bubiri, hari ubundi busitani bubiri
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (63)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
مُدْهَامَّتَانِ (64)
(Bufite) ibara ry’icyatsi kijimye
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (65)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
فِيهِمَا عَيْنَانِ نَضَّاخَتَانِ (66)
Muri ubwo (busitani) bwombi, (naho) hazaba harimo amasoko abiri avubura amazi
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (67)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
فِيهِمَا فَاكِهَةٌ وَنَخْلٌ وَرُمَّانٌ (68)
Muri ubwo (busitani) bwombi, hazaba harimo imbuto, imitende n’imikomamanga
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (69)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
فِيهِنَّ خَيْرَاتٌ حِسَانٌ (70)
Hazaba harimo abagore beza b’imico myiza
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (71)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
حُورٌ مَّقْصُورَاتٌ فِي الْخِيَامِ (72)
Hazaba harimo abagore biyubashye bahora mu mahema
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (73)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
لَمْ يَطْمِثْهُنَّ إِنسٌ قَبْلَهُمْ وَلَا جَانٌّ (74)
Mbere y’abo (bagabo bazaba bahawe), nta muntu cyangwa ijini byigeze bibakoraho
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (75)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
مُتَّكِئِينَ عَلَىٰ رَفْرَفٍ خُضْرٍ وَعَبْقَرِيٍّ حِسَانٍ (76)
(Abagabo babo) bazajya begama ku misego y’icyatsi, n’amagodora atatse neza
فَبِأَيِّ آلَاءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ (77)
Nonese (yemwe bantu na mwe majini) ni izihe ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana
تَبَارَكَ اسْمُ رَبِّكَ ذِي الْجَلَالِ وَالْإِكْرَامِ (78)
Izina rya Nyagasani wawe, Nyir’ikuzo n’icyubahiro, ryuje ubutungane n’imigisha
❮ Previous Next ❯

Surahs from Quran :

1- Fatiha2- Baqarah
3- Al Imran4- Nisa
5- Maidah6- Anam
7- Araf8- Anfal
9- Tawbah10- Yunus
11- Hud12- Yusuf
13- Raad14- Ibrahim
15- Hijr16- Nahl
17- Al Isra18- Kahf
19- Maryam20- TaHa
21- Anbiya22- Hajj
23- Muminun24- An Nur
25- Furqan26- Shuara
27- Naml28- Qasas
29- Ankabut30- Rum
31- Luqman32- Sajdah
33- Ahzab34- Saba
35- Fatir36- Yasin
37- Assaaffat38- Sad
39- Zumar40- Ghafir
41- Fussilat42- shura
43- Zukhruf44- Ad Dukhaan
45- Jathiyah46- Ahqaf
47- Muhammad48- Al Fath
49- Hujurat50- Qaf
51- zariyat52- Tur
53- Najm54- Al Qamar
55- Rahman56- Waqiah
57- Hadid58- Mujadilah
59- Al Hashr60- Mumtahina
61- Saff62- Jumuah
63- Munafiqun64- Taghabun
65- Talaq66- Tahrim
67- Mulk68- Qalam
69- Al-Haqqah70- Maarij
71- Nuh72- Jinn
73- Muzammil74- Muddathir
75- Qiyamah76- Insan
77- Mursalat78- An Naba
79- Naziat80- Abasa
81- Takwir82- Infitar
83- Mutaffifin84- Inshiqaq
85- Buruj86- Tariq
87- Al Ala88- Ghashiya
89- Fajr90- Al Balad
91- Shams92- Lail
93- Duha94- Sharh
95- Tin96- Al Alaq
97- Qadr98- Bayyinah
99- Zalzalah100- Adiyat
101- Qariah102- Takathur
103- Al Asr104- Humazah
105- Al Fil106- Quraysh
107- Maun108- Kawthar
109- Kafirun110- Nasr
111- Masad112- Ikhlas
113- Falaq114- An Nas