×

Surah Al-Qalam in Kinyarwanda

Quran Kinyarwanda ⮕ Surah Qalam

Translation of the Meanings of Surah Qalam in Kinyarwanda - الكينيارواندا

The Quran in Kinyarwanda - Surah Qalam translated into Kinyarwanda, Surah Al-Qalam in Kinyarwanda. We provide accurate translation of Surah Qalam in Kinyarwanda - الكينيارواندا, Verses 52 - Surah Number 68 - Page 564.

بسم الله الرحمن الرحيم

ن ۚ وَالْقَلَمِ وَمَا يَسْطُرُونَ (1)
Nuuni139 Ndahiriye ku ikaramu no ku byo (abamalayika n’abantu) bandika
مَا أَنتَ بِنِعْمَةِ رَبِّكَ بِمَجْنُونٍ (2)
Ku bw’ingabire za Nyagasani wawe (z’ubutumwa wahawe), ntabwo wowe (Muhamadi) uri umusazi
وَإِنَّ لَكَ لَأَجْرًا غَيْرَ مَمْنُونٍ (3)
Kandi mu by’ukuri, uzahabwa ibihembo bidashira (ku bw’ingorane uhura nazo)
وَإِنَّكَ لَعَلَىٰ خُلُقٍ عَظِيمٍ (4)
Rwose mu by’ukuri, ufite ubupfura buhambaye
فَسَتُبْصِرُ وَيُبْصِرُونَ (5)
Bityo, vuba aha uzabona n’abo (abahakanyi) babone
بِأَييِّكُمُ الْمَفْتُونُ (6)
Umusazi muri mwe (uwo ari we)
إِنَّ رَبَّكَ هُوَ أَعْلَمُ بِمَن ضَلَّ عَن سَبِيلِهِ وَهُوَ أَعْلَمُ بِالْمُهْتَدِينَ (7)
Mu by’ukuri, Nyagasani wawe ni we uzi neza uwayobye inzira ye, kandi ni na we uzi neza abayobotse
فَلَا تُطِعِ الْمُكَذِّبِينَ (8)
Bityo, ntukumvire abahinyura
وَدُّوا لَوْ تُدْهِنُ فَيُدْهِنُونَ (9)
Bifuje ko waborohera (ukabakorera ibyo bashaka) na bo bakakorohera (ntibakurwanye)
وَلَا تُطِعْ كُلَّ حَلَّافٍ مَّهِينٍ (10)
Kandi ntukumvire buri (muntu) urahira kenshi unasuzuguritse
هَمَّازٍ مَّشَّاءٍ بِنَمِيمٍ (11)
Umuneguzi wa cyane, unabunza amagambo
مَّنَّاعٍ لِّلْخَيْرِ مُعْتَدٍ أَثِيمٍ (12)
Ubuza ibyiza, urengera, umunyacyaha
عُتُلٍّ بَعْدَ ذَٰلِكَ زَنِيمٍ (13)
Uw’umutima winangiye, akaba atanazwi inkomoko ye (kwa se)
أَن كَانَ ذَا مَالٍ وَبَنِينَ (14)
N’ubwo yaba afite umutungo mwinshi n’urubyaro (rwinshi)
إِذَا تُتْلَىٰ عَلَيْهِ آيَاتُنَا قَالَ أَسَاطِيرُ الْأَوَّلِينَ (15)
Iyo asomewe amagambo yacu, aravuga ati "Ni inkuru z’abo hambere
سَنَسِمُهُ عَلَى الْخُرْطُومِ (16)
Tuzamushyiraho ikimenyetso ku mutonzi (w’izuru rye)
إِنَّا بَلَوْنَاهُمْ كَمَا بَلَوْنَا أَصْحَابَ الْجَنَّةِ إِذْ أَقْسَمُوا لَيَصْرِمُنَّهَا مُصْبِحِينَ (17)
Mu by’ukuri, (abantu b’i Maka), twarabagerageje nk’uko twagerageje abantu bari bafite umurima ubwo barahiraga ko rwose bawusarura mu rukerera
وَلَا يَسْتَثْنُونَ (18)
Ariko ntibavuze In-sha-Allah (Imana nibishaka)
فَطَافَ عَلَيْهَا طَائِفٌ مِّن رَّبِّكَ وَهُمْ نَائِمُونَ (19)
Bityo, ikiza (inkongi y’umuriro) giturutse kwa Nyagasani wawe kirawugota, mu gihe bo bari baryamye
فَأَصْبَحَتْ كَالصَّرِيمِ (20)
(Umurima wabo) uhinduka nk’uruhira
فَتَنَادَوْا مُصْبِحِينَ (21)
Nuko bucyeye barahamagarana
أَنِ اغْدُوا عَلَىٰ حَرْثِكُمْ إِن كُنتُمْ صَارِمِينَ (22)
Bagira bati "Nimuzindukire mu murima wanyu niba mugikomeje umugambi wo kuwusarura
فَانطَلَقُوا وَهُمْ يَتَخَافَتُونَ (23)
Nuko bagenda bongorerana
أَن لَّا يَدْخُلَنَّهَا الْيَوْمَ عَلَيْكُم مِّسْكِينٌ (24)
Ko uyu munsi nta mukene n’umwe uri buwinjiremo (umurima)
وَغَدَوْا عَلَىٰ حَرْدٍ قَادِرِينَ (25)
Nuko bazinduka bagana (mu murima wabo) biyumvamo ubushobozi
فَلَمَّا رَأَوْهَا قَالُوا إِنَّا لَضَالُّونَ (26)
Maze bawubonye baravuga bati "Mu by’ukuri, twayobye (inzira)
بَلْ نَحْنُ مَحْرُومُونَ (27)
Ahubwo twimwe (umusaruro wawo, kubera umugambi wacu mubi wo kwima abakene)
قَالَ أَوْسَطُهُمْ أَلَمْ أَقُل لَّكُمْ لَوْلَا تُسَبِّحُونَ (28)
Ushyira mu gaciro muri bo aravuga ati "Sinari nababwiye ko iyo muza gusingiza (Allah mukanamushimira, mukanavuga muti: In-sha-Allah, mutari guhura n’ibi byago)
قَالُوا سُبْحَانَ رَبِّنَا إِنَّا كُنَّا ظَالِمِينَ (29)
Baravuga bati "Ubutagatifu ni ubwa Nyagasani wacu, mu by’ukuri twari inkozi z’ibibi
فَأَقْبَلَ بَعْضُهُمْ عَلَىٰ بَعْضٍ يَتَلَاوَمُونَ (30)
Nuko bamwe batangira guhindukirira abandi (bitana bamwana) bagayana
قَالُوا يَا وَيْلَنَا إِنَّا كُنَّا طَاغِينَ (31)
Baravuga bati "Mbega ishyano tubonye! Mu by’ukuri, twari abarengera (imbibi za Allah)
عَسَىٰ رَبُّنَا أَن يُبْدِلَنَا خَيْرًا مِّنْهَا إِنَّا إِلَىٰ رَبِّنَا رَاغِبُونَ (32)
Hari ubwo Nyagasani wacu yadushumbusha (umurima) mwiza kuwuruta. Rwose twerekeje ibyifuzo byacu kwa Nyagasani wacu
كَذَٰلِكَ الْعَذَابُ ۖ وَلَعَذَابُ الْآخِرَةِ أَكْبَرُ ۚ لَوْ كَانُوا يَعْلَمُونَ (33)
Uko ni ko ibihano (bya Allah ku isi bimera)! Ariko ibihano byo ku munsi w’imperuka birahambaye cyane, iyaba bari babizi
إِنَّ لِلْمُتَّقِينَ عِندَ رَبِّهِمْ جَنَّاتِ النَّعِيمِ (34)
Mu by’ukuri, abatinya Allah bazagororerwa Ijuru ryuje ingabire kwa Nyagasani wabo
أَفَنَجْعَلُ الْمُسْلِمِينَ كَالْمُجْرِمِينَ (35)
Ese abicisha bugufi imbere ya Allah (Abayisilamu) twabafata kimwe n’inkozi z’ibibi
مَا لَكُمْ كَيْفَ تَحْكُمُونَ (36)
Ese mwabaye mute? Amahitamo yanyu ashingiye kuki
أَمْ لَكُمْ كِتَابٌ فِيهِ تَدْرُسُونَ (37)
Cyangwa mwaba mufite igitabo mubisomamo (ko abicisha bugufi ari kimwe n’inkozi z’ibibi)
إِنَّ لَكُمْ فِيهِ لَمَا تَخَيَّرُونَ (38)
Ese mu by’ukuri, mwaba mufitemo (muri icyo gitabo) ibyo mutoranya
أَمْ لَكُمْ أَيْمَانٌ عَلَيْنَا بَالِغَةٌ إِلَىٰ يَوْمِ الْقِيَامَةِ ۙ إِنَّ لَكُمْ لَمَا تَحْكُمُونَ (39)
Cyangwa mwaba mufitanye natwe amasezerano ntakuka yo kuzabona ibyo muzifuza kuzageza ku munsi w’imperuka
سَلْهُمْ أَيُّهُم بِذَٰلِكَ زَعِيمٌ (40)
Babaze (yewe Muhamadi) uti "Ni nde muri bo wabyishingira (akabibera umuhamya)
أَمْ لَهُمْ شُرَكَاءُ فَلْيَأْتُوا بِشُرَكَائِهِمْ إِن كَانُوا صَادِقِينَ (41)
Cyangwa se (abahakanyi) baba bafite ibigirwamana (bizabafasha ku munsi w’imperuka)? Ngaho nibazane ibyo bigirwamana byabo niba ari abanyakuri
يَوْمَ يُكْشَفُ عَن سَاقٍ وَيُدْعَوْنَ إِلَى السُّجُودِ فَلَا يَسْتَطِيعُونَ (42)
(Ibuka) umunsi (ibintu bizaba bikomeye kandi biteye ubwoba), ubwo igice cyo hepfo cy’ukuguru (kwa Allah) kizagaragarizwa (ibiremwa), nuko (abahakanyi) bagahamagarirwa kubamira (Allah) ariko ntibabishobore
خَاشِعَةً أَبْصَارُهُمْ تَرْهَقُهُمْ ذِلَّةٌ ۖ وَقَدْ كَانُوا يُدْعَوْنَ إِلَى السُّجُودِ وَهُمْ سَالِمُونَ (43)
Bazaba bubitse amaso (kubera ikimwaro), batwikiriwe n’agasuzuguro. Nyamara bajyaga bahamagarirwa kubamira Allah ari bazima (ntibabikore kubera ubwibone)
فَذَرْنِي وَمَن يُكَذِّبُ بِهَٰذَا الْحَدِيثِ ۖ سَنَسْتَدْرِجُهُم مِّنْ حَيْثُ لَا يَعْلَمُونَ (44)
Bityo, (yewe Muhamadi) ndekera uwo ari we wese uhinyura iyi nkuru (Qur’an). Rwose (abo bayihinyura) tuzabajyana buhoro buhoro (tubaganisha mu bihano) mu buryo batazi
وَأُمْلِي لَهُمْ ۚ إِنَّ كَيْدِي مَتِينٌ (45)
Nzanabaha igihe (bibwire ko batazahanwa); mu by’ukuri, imigambi yanjye irakomeye
أَمْ تَسْأَلُهُمْ أَجْرًا فَهُم مِّن مَّغْرَمٍ مُّثْقَلُونَ (46)
Cyangwa bibwira ko (wowe Muhamadi) ubasaba igihembo, none bakaba baremererwa n’ubwishyu
أَمْ عِندَهُمُ الْغَيْبُ فَهُمْ يَكْتُبُونَ (47)
Cyangwa bibwira ko bazi ibitagaragara, bakaba bandika (ibyo bishakiye, badakeneye ibyo ubabwira)
فَاصْبِرْ لِحُكْمِ رَبِّكَ وَلَا تَكُن كَصَاحِبِ الْحُوتِ إِذْ نَادَىٰ وَهُوَ مَكْظُومٌ (48)
Bityo (yewe Muhamadi), ihanganire itegeko rya Nyagasani wawe, kandi ntube nk’umwe wamizwe n’ifi (Umuhanuzi Yunusu) ubwo yadutakambiraga n’agahinda kenshi
لَّوْلَا أَن تَدَارَكَهُ نِعْمَةٌ مِّن رَّبِّهِ لَنُبِذَ بِالْعَرَاءِ وَهُوَ مَذْمُومٌ (49)
Iyo bitaza kuba ingabire iturutse kwa Nyagasani we yamugezeho, (ifi) yari kumuruka ku musenyi wo ku nkombe kandi akabigayirwa
فَاجْتَبَاهُ رَبُّهُ فَجَعَلَهُ مِنَ الصَّالِحِينَ (50)
Nuko Nyagasani we aramutoranya, maze amushyira mu ntungane
وَإِن يَكَادُ الَّذِينَ كَفَرُوا لَيُزْلِقُونَكَ بِأَبْصَارِهِمْ لَمَّا سَمِعُوا الذِّكْرَ وَيَقُولُونَ إِنَّهُ لَمَجْنُونٌ (51)
Kandi iyo abahakanye bumvaga urwibutso (Qur’an), bakurebeshaga indoro ikomeye, bifuza ko wagwa igihunga kugira ngo bavuge bati "Rwose ni umusazi
وَمَا هُوَ إِلَّا ذِكْرٌ لِّلْعَالَمِينَ (52)
Kandi (Qur’an) nta kindi iri cyo usibye kuba ari urwibutso ku biremwa byose
❮ Previous Next ❯

Surahs from Quran :

1- Fatiha2- Baqarah
3- Al Imran4- Nisa
5- Maidah6- Anam
7- Araf8- Anfal
9- Tawbah10- Yunus
11- Hud12- Yusuf
13- Raad14- Ibrahim
15- Hijr16- Nahl
17- Al Isra18- Kahf
19- Maryam20- TaHa
21- Anbiya22- Hajj
23- Muminun24- An Nur
25- Furqan26- Shuara
27- Naml28- Qasas
29- Ankabut30- Rum
31- Luqman32- Sajdah
33- Ahzab34- Saba
35- Fatir36- Yasin
37- Assaaffat38- Sad
39- Zumar40- Ghafir
41- Fussilat42- shura
43- Zukhruf44- Ad Dukhaan
45- Jathiyah46- Ahqaf
47- Muhammad48- Al Fath
49- Hujurat50- Qaf
51- zariyat52- Tur
53- Najm54- Al Qamar
55- Rahman56- Waqiah
57- Hadid58- Mujadilah
59- Al Hashr60- Mumtahina
61- Saff62- Jumuah
63- Munafiqun64- Taghabun
65- Talaq66- Tahrim
67- Mulk68- Qalam
69- Al-Haqqah70- Maarij
71- Nuh72- Jinn
73- Muzammil74- Muddathir
75- Qiyamah76- Insan
77- Mursalat78- An Naba
79- Naziat80- Abasa
81- Takwir82- Infitar
83- Mutaffifin84- Inshiqaq
85- Buruj86- Tariq
87- Al Ala88- Ghashiya
89- Fajr90- Al Balad
91- Shams92- Lail
93- Duha94- Sharh
95- Tin96- Al Alaq
97- Qadr98- Bayyinah
99- Zalzalah100- Adiyat
101- Qariah102- Takathur
103- Al Asr104- Humazah
105- Al Fil106- Quraysh
107- Maun108- Kawthar
109- Kafirun110- Nasr
111- Masad112- Ikhlas
113- Falaq114- An Nas